Igitabo cyo kugana Yesu

Share:

Nyuma y'amavuna yamaze ibyumweru bibiri mu ntara y'ivugabutumwa ya Ndera habatijwe abantu barenge 41 hiyegurira Imana n'abandi 2 nyuma y'umubatiuzo


Kubatizwa cyangwa kubyarwa ubwa kabiri ku mukirisitu usanga hari abantu bamwe batabisobanukiwe,ndetse bamwe bakawufata nk’ikintu kidafite agaciro kanini,nyamara ku mu kirisitu,umubatizo ni ikimenyetso gikomeye cyo guhinduka umwana w’Imana.
Kubyarwa ubwa kabiri bivuga kubyarwa n’amazi n’umwuka. Ni ukuvuka mu buryo bw’umwuka maze ukaba icyaremwe gishya ukaba umwana w’Imana,nkuko ijambo ry’Imana ribisobanura neza muri YOHANA3:1-6. Uyu murongo uvuga inkuru y’umugabo witwaga Nikodemu akaba yari umunyedini ukomeye ndetse akaba n’umwigisha w’abayuda ariko
akaba atari azi ibyo kubyarwa ubwa kabiri no kuba umwana w’Imana, niko gusanga Yesu aramusobanurira.
Kugira ngo ube umukirisitu nyawe ndetse wabyawe ubwa kabiri hari ibintu bitatu biranga ubuzima bwe aribyo ; Kwihana,Kwizera no kubatizwa
Share:

AMATEKA Y’INDIRIMBO YA 65 “NKUNDA KWIRINGIRA YESU

{Iyi ndirimbo nyituye by’umwihariko abapfakazi (abagore bapfushije abagabo)}
“Kandi unyambaze ku munsi w’amakuba no kuw’ibyago,nzagukiza nawe uzanshimisha.” Zaburi 50.15
Ese wakora iki igihe ntacyo gukora gisigaye?
Share:

AMATEKA Y’INDIRIMBO YA 216 “NSHIKAMYE KU MASEZERANO

Iyi ndirimbo nyituye abantu barwaye indwara zidakira, abaganga basezereye ngo bajye kurwarira mu ngo zabo. Tekereza ufashwe n’indwara, nuko uko bukeye ikagenda yiyongera, maze ugafata icyemezo cyo kujya kwa muganga! Muganga aragusuzumye akuzaniye ibisubizo by’uko urwaye indwara ikomeye nuko akaguha imiti akanakubwira uko wifata nuko ukajya mu rugo. Tekereza
Share:

AMATEKA Y’INDIRIMBO YA “203.MUNSI Y’AMABABA YE”

“Undinde nk’imboni y’ijisho, umpishe mu gicucu cy’amababa yawe.” Zaburi 17.8 Iyi ndirimbo nyituye abarwaye indwara zidakira
Wakora iki igihe umuntu wacurangaga Piyano acitse intoki cyangwa se zanze gukora? Ibi nibyo byabaye kuri Annie Johnson Flint. 
Share:

AK’ABADIVENTISTE BATARI MASO KASHOBOTSE

Kuri iyi sabato kuwa 10/9/2016 mu rusengero rw’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi rwa Remera,muri gahunda yo kuramya habwirije NZARAMBA Emmanuel umubwiriza uturuka ku Itorero rya Nyabisindu mu Ntara y’Ivugabutumwa ya Remera.
Share:

AMAFUTI 10 ASHOBORA GUTUMA UMUKIRISITU ABABARIRWA MU IHENE

Ihene ni itungo ryari ryaratoranijwe gukora imirimo itandukanye yo mu buturo bwera ndetse ryari ritandukanye cyane n’ingurube kuko yo byari ikizira kuyirya, yanarangwaga n’ingeso mbi nko kugira umwanda,kutarobanura ibyo irya,kutareba hejuru,kutuza…

Nubwo ariko ihene yatoranyirijwe iyi mirimo,bitewe n’ingeso mbi zayo byarangiye abatambyi bayikuye mu matungo atambwa. Mu kibwirizwa gifite insanganyamatsiko igira iti: “IHENE N’INTAMA” cyari gishingiye ahanini muri Matayo 25.31-46 
Share:

Ese birakwiye gutanga amaturo no gukora ubwitange mu kubaka insengero ?

Image result for ndera adventist churchAkenshi amatorero ari mu bikorwa byo gushaka uko yakubaka insengero zabo bwite; usanga ahura n’intambara zitandukanye; dore ko usanga insengero nyinshi zitangirira mu bukode. Kubera kwinubira ubwitange bwa hato na hato; usanga bitera benshi mu banyetorero kwimuka mwayo matorero ari mu bikorwa by’inyubako; bakagana ayarangije ibikorwa by’inyubako n’ubwitange buba busa nubuhoraho.
Share:

Shakisha

shakira hano kurubuga

dukurikire kumbuga nkoranyambaga