IJAMBO RY’IMANA : Wikwiheba , kuko mu gihe cyashyizweho n’Imana izakwibuka


Hari ikinanira Uwiteka se? Mu gihe cyashyizweho, iki gihe cy’umwaka nikigaruka nzakugarukaho, Sara abyare umuhungu.( Itangiriro 18:14 )
Wikwiheba , kuko mu gihe cyashyizweho n'Imana izakwibukaNongeye kubasuhuza nshuti zacu mudukurikira kuri www.ibyishimo.com kandi mbifuriza umwaka mushya muhire ndetse no kuwutangirana imigisha iva ku Mana kandi mbifuriza ko mu gihe cyashyizweho muri uyu mwaka namwe Imana yazabibuka.
Wikwiheba , kuko mu gihe cyashyizweho n’Imana izakwibuka
Uyu munsi rero ijambo Imana yanshyize ku mutima nshaka ko tuganiraho niri rivuga ngo “ Mu gihe cyashyizweho nawe Imana izakwibuka”.
Nshuti yanjye hari igihe uhura n’ibibazo cyangwa n’intambara ukagirango Imana yarakwibagiwe, oya siko bimeze menya ko isaha yawe yogusubizwa iba itaragera, ubundi iyo uvuze ngo igihe cyashyizweho bisobanurako hari igihe Imana yagennye uzasubirizwaho.
Ndashaka ko turebera hamwe abantu batabawe mu gihe cyashyizweho.
1. Mu gihe cyashyizwe ho ingumba zirabyara :
Iyo dusomye mu itangiriro tuhasanga inkuru z’umubyeyi wita Sara wari ingumba yarabuze urubyaro ariko mu gihe cyashizweho Imana yamuhaye Isaka nubwo Sara n’Aburahamu bari bashaje ariko babyaranye Isaka igihe Imana yababwiye kigeze. ( Itangiriro 21:2-3 ) mwene data ndakumenyeshako mu gihe cyashyizweho ingumba nazo zirabyara .
Mwibuke ko na Hana mu gihe cyashyizweho yabyaye Samweli, (1 Samweli 1:20) niba naweu fiteikibazo cy’ubugumba mu gihe cyashyizweho nawe uzabyara, wowe izere Imana nta cyayinaniye.
2. Mu gihe cyashyizweho ababuze ibyabo barakubirwa :
Yobu mu gihe yahuraga n’ibyago akabura urubyaro rwe, amatungo ndetse n’umubiri we ukababazwa yakomeje kwizera Imana kugeza naho agambira mu mutima we ko kugeza ubwo azapfa atazigera yikuraho kuba inyangamugayo, maze nyuma yibi byose Uwiteka arahirira Yobu ubwanyuma kuruta ubwa mbere ndetse yongererwa n’imyaka yo kurama ijana na mirongo ine nuko Yobu apfa ashaje ageze mu zabukuru. (Yobu 42:12-16)
Icyo usabwa nukuguma ku Mana kandi ukirinda kuzikuraho kuba inyangamugayo ibindi byose Imana izagukubira, hari umuririmbyi wabiririmbye ngo “eeeemy my God is good , every thing is double double yoo ,Education, Promotion, Success, house, money, cars are double double ” aha yashakaga kwerekana ko Imana ari nziza ibintu byose ikuba inshuro ebyiri mu burezi, kuzamurwa mu ntera, gutsinda, inzu, amafaranga, imodoka byose ikuba inshuro ebyiri.
3. Mu gihe cyashyizweho Indwara zirakira:
Namani umugaba w’ingabo z’umwami w’iSiriya yararwaye arembejwe n’ibibembe mu bavuzi b’iwabo harabuze uwamuvura ariko mu gihe cyashyizweho yaramanutse yibira muri yorodani karindwi nk’uko uwo muntu w’Imana yamutegetse maze ibibembe birakira. (2 Abami 5:13-14)
Mu gihe cyashyizweho Yesu yakijije umuntu wari umaze imyaka mirongo itatun’umunani amugaye maze ahura na Yesu aramubwira ngo byuka wikorere uburiri bwawe ugende. (Yohana 5:7-9)
Nawe ahari wabra ufite uburwayi umaranye igihe kinini ndetse ukaba waranihebye ariko Ndakubwiza ukuri ko igihe nikigera ubwo burwayi bukuruhije buzashyirwaho iherezo.
4. Mugihe cyashyizweho Imana ijya ihindura Amazina :
Yabesi nyina yamwise iryo zina kuko yamubyaranye agahinda maze Yabesi amaze kumenya ko iryo zina atari ryiza yibuka ko hari Imana ihindura izina arayitakambira maze nayo imuha ibyo yayisabye byose (1 Ngoma 4:9-10).
Byashoboka ko hari amazina waba wariswe bitewe n’ubuzima ubayemo ukaba uri umukene, umushomeri, uri mubukode….. ariko Ndakubwiza ukuri ko mu gihe cyashyizweho nawe Imana izaguhindurira izina wowe yizere gusa ukore ibyo ishaka ibindi byose byo izabyikorera.
5. Mu gihe cyashyizweho Imana ijya yishyura Amadeni :
Nkuko tubisoma muri Bibiliya hari umugore w’umupfakazi wari uruhijwe n’umwenda kandi yari umupfakazi bigeraho umwishyuza ashaka kujyana abana be ngo abagire imbata, ntakindi kintu yari afite uretse agaherezo k’utuvuta yari afite maze mu gihe cyashyizweho Imana yamwishyuriye wa mwenda maze inamuha n’ubundi buryo bwo kumutunga we n’abana be. (2 Abami 4:7)
Ushobora kuba uruhijwe n’amadeni warabaye bihemu muri bagenzi bawe cyangwa muri Banki ariko niwizera Imana mu gihe cyashyizweho izakwishyurira ndetse ntuzongera no kwaka amadeni.
6. Mu gihe cyashyizweho Imana ijya itanga ubwenge:
Hari igihe waba uri umunyeshuri wiga bikanga cyangwa ukaba ukeneye ubwenge buva ku Mana na Salomo nawe nubwo yari Umwami yararebye abona ashobora kuzajya aca imanza nabi maze yigira inama yo kuyisaba ubwenge bwo kumenya gutandukanya ibyiza n’ibibi no guca imanza zitabera maze ako kanya Imana inezezwa n’ibyo ihita ko ibumuha imuha nibyo atayisabye. (1Abami 3:9-13) .
Niba nawe wifuza ubwenge Imana niyo yo nyine yabuguha nawe ukamenya kugenzura ibihe turimo.
Mwene data reka nkubwire ko nuguma ku Mana ukayihanga amaso ukayizera ukitandukanya n’ibibi byose nayo ntizagukoza isoni. Imana si umuntu ngo ibeshye, kandi si umwana w’umuntu ngo yicuze.Ibyo yavuze no kubikora ntizabikora? Ibyavuye mu kanwa kayo, no gusohoza ntizabisohoza? (Kubara 23:19).
Reka nkubwire nshuti yanjye waba uremerewe n’ibigeragezo n’uburwayi , n’ubukene n’ubushomeri….? ariko wibukeko mu gihe cyashyizweho nawe uzasubizwa ibidashoboka bizashoboka ingumba zizabyara , impumyi zizabona.
Reka nsoze nkwifuriza kuzibukwa n’Imana muri uyu mwaka wa 2016 dutangiye kandi ngusabira kugira ngo izagukorere ikintu cyiza mu buzima bwawe ku buryo abantu bazamenya ko wakoreye Imana.
Nuko Uwiteka abwira Samweli ati “ Dore nzakora ikintu muri Isirayeli, uzacyumva wese amatwi azacura injereri. (1 Samweli 3:11).
Mbifurije umwaka mwiza wo gusubizwa n’Imana kandi izawu baheremo ibyiza byose mwifuza ndetse izabakomereze mu buntu bwayo.


Share:

3 comments:

tanga igitekerezo cyawe hano

Shakisha

shakira hano kurubuga

dukurikire kumbuga nkoranyambaga